APR FC yatangiye urugendo rwa CAF Champions League itsindwa na Les Aigles du Congo
APR FC yatsinzwe na Les Aigles du Congo igitego 1-0 mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League 2026/2027 wabereye i Lubumbashi
Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions League 2026/2027, yatangiye nabi urugendo rwayo muri iri rushanwa, nyuma yo gutsindwa na Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igitego 1-0.
Uyu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere wabereye kuri Stade Frédéric Kibassa-Maliba i Lubumbashi, kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Nzeri 2026 APR FC yatangiye umukino ishaka igitego cyayifasha gutangirana neza iri rushanwa, ariko Les Aigles du Congo nayo yagaragaje ubushake bwo kubona intsinzi imbere y’abafana bayo.
Ku munota wa 45, Sozé Zemanga ni we wafunguye amazamu, atsindira Les Aigles du Congo igitego cyatumye amakipe ajya kuruhuka APR FC iri inyuma itsizwe igitego 1-0
Mu gice cya kabiri, Les Aigles du Congo yakomeje gushaka kongera ikinyuranyo, ibona andi mahirwe yo gutsinda, ariko APR FC ikomeza kwihagararaho, irinda ko umukino urangira itsinzwe ibitego byinshi.
Nyuma y’iminota 90, Les Aigles du Congo yegukanye intsinzi aho umukino warangiye ari 1-0, bityo APR FC ikaba igiye gukina umukino wo kwishyura ikeneye gutsinda kugira ngo ikomeze mu cyiciro gikurikiraho.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe gukinirwa i Kigali mu cyumweru gitaha, aho APR FC izaba ifite inshingano zo gutsina ishaka itike yo gukomeza muri CAF Champions League.
APR FC 0-1 Les Aigles du Congo
⚽ 45′ Sozé Zemanga
Iyi tsinzi ya Les Aigles du Congo yabonetsemo ibitego bike, bivuze ko APR FC igifite amahirwe yo guhindura ibintu mu mukino wo kwishyura imbere y’abafana bayo yakitwara neza iriwabo APR FC kumukino wokwishyura byibura irasabwa gutsinda ibitego bibiri kugirango yegukane insinzi

Nako batagize 1 ntg aricyinshi
Izatsinda kumahoro inakomeza kbx